bimwe mu bibazo bimwe mu bibazo bimwe mu bibazo bimwe mu

Transcription

bimwe mu bibazo bimwe mu bibazo bimwe mu bibazo bimwe mu
BIMWE MU BIBAZO
BYATORANYIJWE
BYATUMYE URUBYIRUKO
RUYOBOKA UKURI.
AFRICA DEVELOPMENT
AND
EDUCATION FOUNDATION(A.D.E.F)
1
IRIBURIRO
Ubu ni ubutumwa bwerekezwa ku itsinda ri�ite ubushobozi bwo kuba ryarenga amacakubiri ashingiye ku matsinda (Madhehebu), ndetse n’ibisigisigi bya kera, itsinda
rishobora koko gufata ukuri rikanagusigasira hakoreshejwe imbaraga, rikaba rinashobora kukwamamaza mu
mitwe yose, ridatinya kubera Imana umwikomo w’uwo
ariwe wese, ibyo bakabikora bifashishije guhagarara ku
bintu biriho by’ukuri ndetse no kugushyira ahagaragara,
bakuraho ingufuri n’ibikinga byose byashyizweho
n’abakuru babo, kandi rikima amatwi ibinyoma
by’ababeshyi ndetse no gutaka ikinyoma, uku ni ko kuri
gusesuye ntawabasha kugira ubutwari bwo kubwamamaza, usibye itsinda ryemeye Nyagasani waryo,
rigamije kubona ingabire z’Imana Nyagasani.
SULAYIMAN MWENE SWALEH AL KHARASHIY
[email protected]
IBIBAZO NDETSE N’INSHINGANO.
1. Abashiya bemera ko Alliy (Imana imwishimire) ari
Imamu w’intungane Imana yarinze gukora ibyaha,
hanyuma tukaza gusanga –dushingiye k’ubyo biyemerera
ubwabo- ko we ubwe yashyingiye umukobwa we Umu
Kul’thum “mushiki wa Hasan na Husein” Umar mwene
Khatwab (Imana imwishimire), ibyo rero bikaba bisaba
Abashiya kwemera ibintu bibiri, bisharira:
A: Kuba Alliy (Imana imwishimire) Atari umuziranenge
Imana yarinze gukora ibyaha, kuko yashyingiye umukobwa we umuhakanyi!, kandi ibyo binyuranye
n’imisingi ya Madhebu, ndetse ibi binagaragaza ko aba
Imamu bandi batari we nabo atari intungane.
B: Kuba Umar (Imana imwishimire) ari umuyislamu
mwiza kuko Alliy (Imana imwishimire) nawe yishimiye
ko yaba umukwe we, ibi bisubizo bibiri rero biteye
urujijo.
2. Abashiya bavuga ko Abubakar na Umar (Imana
ibishimire bombi) bari abahakanyi, hanyuma tukaza
gusanga Alliy ubwe yarishimiye ubuyobozi bwabo kandi
2
arabashyigikira umwe k’uwundi ndetse ntiyigeze abarwanya cyangwa atavuga rumwe nab o, ibyo rero bikaba
bisaba kwemera ko Alliy atari intungane Imana yarinze
gukora ibyaha, kuko yashyigikiye abahakanyi
b’abanyamahugu, kuko yabemeye, ibyo bikaba bibusanye
no kuba intungane kuko ari ugushyigikira umunyamahugu mu mahugu ye, kandi ibyo ntibishobora kuba
k’umuntu w’intungane na rimwe Imana yarinze gukora
ibyaha, ibi nanone bishobora kugaragaza ko igikorwa
Alliy yakoze ari ukuri!!
3. Abashiya bavuga ko Fatwimat (Imana imwishimire)
ufatwa nkaho ari igice cy’intumwa Muhamadi (Imana
imuhe amahoro n’imigisha) ko yateshejwe agaciro ku gihe
cya Abubakar (Imana imwishimire) ndetse bakamuvuna
urubavu, agashaka no gutwika inzu ye agatuma akuramo
inda y’umwana bise Al Muh’sinu!
Ikibazo: Alliy (Imana imwishimire) yari arihe igihe ibyo
byose byabaga? Ibyo ni ibikorwa umuntu wese nubwo
yaba Atari intwari atakwemera, ni kuki Alliy atarwaniye
ukuri k’umugore we, kandi azwi nk’intwari ikomeye?!
4. Tubona abenshi mu basangirangendo bakuru baragiye
bashyingira cyangwa babongora mu bantu bo mu muryango w’Intumwa, cyane cyane abayobozi babiri
(Abubakar na Umar) muri bo, nkuko ibyo byemeranywaho n’abanditsi bose b’amateka n’abimvugo zindi baba
Abasuni cyangwa Abashiya.
- Intumwa Muhamadi (Inama imuhe amahoro n’imigisha)
yarongoye Aishat umukobwa wa Abubakar (Imana
imwishimire).
- Yanarongoye kandi Ha�isa umukobwa wa Umar (Imana
imwishimire).
- Na none Intumwa Muhamadi yashyingiye abakobwa be
babiri (Ruqayat hanyuma Umu Kul’thum), umuyobozi wa
gatatu, w’umunyabuntu kandi w’umunyesoni cyane
Othuman mwene Khatwabi (Imana imwishimire), kubera
iyo mpamvu yaje kwitwa Dhiy Nurayini.
Kandi dusanga abo mu muryango w’Intumwa barajyaga
bita abana babo amazina y’Abasangirangendo b’intumwa
Muhamadi (Imana imuhe amahoro n’imigisha), ibi bikaba
ari ibintu byemezwa n’abanyamateka n’abandi banditsi
b’inkuru bose, Abasuni muri bo ndetse n’Abashiya.
Dore nka Alliy (Imana imwishimire), nk’uko bivugwa mu
bitabo by’Abashiya, yise umwana we yabyaranye na Layila
3
umukobwa wa Mas’udi Al Handhaliyat, izina rya Abubakar,
akaba rero Alliy ariwe wa mbere wise umwana we Abubakar mu muryango wa Baniy Hashimu.
5. Niba kuvuza ingoma no kuboroga no kwikubita mu
bituza, bi�ite ibihembo byinshi nk’uko Abashiya babivuga,
ni kuki abayobozi babo (Mulas) batavuza ingoma?
6. Niba Abashiya bavuga ko abantu bari Ghadir Khumi ari
ibihumbi by’abasangirangendo kandi bakaba barumvise
bose umurage w’ubuyobozi wahawe Alliy mwene Abi
Twalibi (Imana imwishimire), nyuma y’Intumwa ako
kanya, ni kuki nta n’umwe muri ibyo bihumbi
by’abasangirangendo wigeze ababazwa no kuba Alliy atari
we wahise akurikira intumwa k’ubuyobozi, yaba Amari
mwene Yasiri, cyangwa Miq’dad mwene Amuri na Salimanul Farisiy (Imana ibishimire), ngo avuge ati “Yewe
Abubakar! Kuki wambuye Alliy ubuyobozi kandi uzi neza
ibyo intumwa Muhamadi (Imana imuhe amahoro
n’imigisha) yavugiye Ghadir Khumi.
7. Ese Abashiya sibo bavuga ko inyinshi mu mvugo ziri mu
gitabo Al Ka�iy atari ukuri? Ko nta gitabo cy’ukuri du�ite
kitari Qor’an.
8. Niba Alliy (Imana imwishimire) azi neza ko ariwe
muyobozi wavuzwe ni Mana, ni kuki yashyigikiye Abubakar na Umar na Othumani (Imana ibishimire)?! Muramutse muvuze muti “Alliy yagize intege nke, intege nke
ntizikwiye kuri Imamu, kandi muramutse muvuze muti
Alliy yari a�ite ubushobozi bwo kurwanya Abubakar ariko
ntiyabikora, ibyo nabyo byaba ari ubuhemu, kandi we ari
kure yabyo.
9. Abashiya bavuga ko Abayobozi basimbuye Intumwa (Al
khalafau rashiduna) bari abahakanyi, ni gute Imana yaba
yarabateye inkunga, ndetse akanabashoboza gufungura
ibihugu byinshi, Islamu ikagira icyubahiro n’agaciro ku
gihe cyabo, kuko abayislamu batigeze babona igihe Imana
yahayemo icyubahiro Islamu kuruta igihe cyabo.
Ese ibyo byaba bigendana na gahunda y’Imana yo gusuzuguza no gucisha bugu�i Abahakanyi n’Indyarya?
10. Abashiya bavuga ko Muawiyat (Imana imwishimire) ko
yari umuhakanyi, hanyuma tugasanga Hasan umuhungu
wa Alliy (Imana imwishimire), yemeye kumuharira ubuyobozi, kandi ari Imamu w’intungane, ibi bikaba byakwerekana ko Hasan yahariye ubuyobozi umuhakanyi, kandi
ibyo bihabanye n’ubutungane bwe! Bikaba nanone byagaragaza ko Muawiyat yari umuyislamu mwiza!
4
11. Mwebwe Abashiya muvuga ko impamvu yo kubura
(kuzimira) kwa Imamu wabo wa cumin a kabiri muri
Siridabu, ari ugutinya amahugu, ubwo rero uko kubura
kwakomeje kubaho kandi impamvu nyamuku yatumye
kubaho yaravuyeho, kubera ko hashinzwe bimwe mu
bihugu by’Abashiya uko ibihe byagiye bisimburana
nk’igihugu cya Ubayidiyina, Bawayihiyina, Swafawiyina
n’igihugu cyabo cya nyuma ni Irani kiriho ubu?!
12. Abashiya babeshya ko Umari (Imana imwishimire)
yangaga Alliy, hanyuma tugasanga Umari yararongoye
umukobwa wa Alliy, hanyuma tugasanga nanone Alliy
yarasigiye Alliy ubuyobozi bw’umujyi wa Madina ubwo
yari agiye kwakira imfunguzo za Bayitul Maq’dasi! Icyo
tugomba kumenya nuko Alliy (Imana imwishimire) yari
gusigarana ubuyobozi bw’Abayislamu iyo Umari aza
guhura n’ingorone iyo ariyo yose, ubwo urwo rwango ni
bwoko ki?
13. Abashiya bemera ko Qor’an yahanaguwemo inahindurwamo zimwe muri ayat kubwa Abubakar na Umari (Imana
ibishimire), izo ayat Abashiya bemeza ko zavugaga
k’umugaragaro ubuyobozi bwa Alliy (Imana imwishimire),
ngo ariko Abubakar na Umar bazihanaguyemo nkuko
bivugwa n’Abashiya.
Hano rero hari ikibazo cyabazwa Abashiya: Niba koko
Abubakar na Umari barahanaguye mo izo ayat, ni kuki
Alliy amaze kuba umuyobozi w’Abayislamu atahagurutse
ngo abwire abantu icyo kibazo?! Cyangwa se nibura ngo
agarure izo ayat muri Qor’an nk’uko yamanutse?!
Ntwabwo twigeze tubona Alliy akora icyo gikorwa,
ahubwo Qor’an yahamye uko yari iri k’umuyobozi
bw’abayobozi bamubanjirije, ndetse nuko yari imeze no ku
gihe cy’intumwa Muhamadi (Imana imuhe amahoro
n’imigisha), kuko Qor’an arinzwe n’uburinzi bw’Imana
yavuze iti “Mu by’ukuri, nitwe twamanuye urwibutso
(Qor’an) kandi ni natwe tuzarurinda”
Al Hujurat: 9.
Ariko Abashiya ntibasobanukiwe.
14. Ntabwo Abashiya bashobora guhakana ko Abubakar,
Umari na Othumani bashyigikiye Intumwa Muhamadi
(Imana imuhe amahoro n’imigisha) munsi y’igiti, kandi
Imana yamaze kuvuga ko yabishimiye, inamenya ibiri mu
mitima yabo, “Imana yishimiye abemeramana igihe
bagushyigikiraga munsi y’igiti, imenya ibiri mu mitima
yabo….”, ni gute bikwiye ko Abashiya bakwita abahakanyi
abavuzwe n’imvugo y’Imana, bakavuga ibinyuranye
5
nabyo? Ni nkaho bavuga ngo (wowe
Nyagasani ntabwo uzi ibyo tubaziho)! Imana ibiturinde.
15. Mu gihe dusanga Abashiya biyegereza ku Mana batuka
abasangirangendo bakuru, kw’isonga ryabo hakabaho
abayobozi basimbuye intumwa batatu: Abubakar na Omar
na Othumani (Imana ibishimire), mu gihe tutarabona
umusuni n’umwe utuka uwo ariwe wese wo mu muryango
w’Intumwa! Ahubwo ugasanga biyegereza Imana mu
kubakunda. Ibi kandi Abashiya bakaba badashobora
kubihakana n’ubwo baba babeshya.
Ni gute byashoboka ko ubutumwa bwa nyuma, bukaba
n’idini yuzuye mu madini, ikaba n’umuryango
w’indobanuye washyiriweho abantu, ko watangirira
amateka yawo meza n’urugendo rwawo rukomeye nyuma
y’intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro n’imigisha)
ku bayobozi batatu, aribo –nk’uko Abashiya babeshya ko –
aribo mutwe w’ubuyobe n’ubuhakanyi.
16. Idini ya Islamu yaruzuye ku gihe cy’intumwa Muhamad
(Imana imuhe amahoro n’imigisha), hashingiwe ku ijambo
ry’Imana rigira riti “Uyu munsi mbujurije idini yanyu”
Maidat:3. Kandi agatsiko k’Abashiya kabayeho nyuma
y’uko intumwa yitaba Imana?!
17. Imana ubwayo yamanuye ukubeshyuza ababeshyeraga
Aishat (Imana imwishimire) mu nkuru yiswe IF’KI izwi
cyane, maze Imana imwezaho uwo mwanda mubi,
hanyuma tugasanga bamwe mu bashiya nanubu
bagikomeza kumushinja ubuhemu!! -Imana ibiturinde- ibi
kandi hamwe nu ko harimo gutesha agaciro intumwa
Muhamad (Imana imuhe amahoro n’imigisha), harimo no
gutesha agaciro Imana Nyagasani yo izi ubumenyi
bw’ibyihishe, maze ikaba itaraburiye intumwa yayo ko
umugore wayo ari umuhemu?! –ibyo Imana iri kure yabyoNta gatsiko kabi nk’agatsiko gatesha agaciro abagore
b’intumwa naba nyina b’abemera.
18. Ni gute intumwa y’Imana (Imana imuhe amahoro
n’imigisha) yashyingurwa mu cyumba cya Aishat (Imana
imwishimire), maze mwe mukaba mubeshyera Aishat ko
ari umuhakanyi n’uburyarya –Imana ibiturinde- ese icyo si
ikimenyetso gikomeye kigaragaza ko intumwa
yamukundaga kandi yamwishimiraga?
19. Ni nk’uko intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro
n’imigisha), yashyinguwe hagati ya Abubakar na Omar,
kandi bo –kuri mwe mubita abahakani, kandi birazwi ko
umuyislamu adashobora guhambwa mu bahakanyi, ni gute
6
rero intumwa y’Imana (Imana imuhe amahoro n’imigisha)
Imana itamurinze gushyingurwa iruhande rw’abahakanyi
nyuma y’uko apfa – nkuko mubivuga? Hanyuma Alliy
(Imana imwishimire) yari he muri ibyo byose?! Kuki
atarwanyije ibi bintu bikomeye?!
20. Abashiya babeshya ko kuba Alliy (Imana imwishimire)
yaragombaga kuba umuyobozi nyuma y’intumwa y’Imana
(Imana imuhe amahoro n’imigisha), ko ari we wari
ukwiriye ubuyobozi ari imvugo ihamye iri muri Qor’an,
ngo ariko abasangirangendo barayihishe.
Mu by’ukuri iyo mvugo siyo, kuko dusanga abasangirangendo (Imana ibishimire), batarigeze bahisha Hadith
Abashiya batangaho gihamya z’ubuyobozi bwa Alliy,
urugero: Hadith “Wowe kuri njye u�ite urwego nk’urwa
Haruna kuri Mussa” n’izindi Hadith zimeze nk’ibyo, ni kuki
izo batazihishe zo?!
Ni na gute Abasangirangendo bahisha Qor’an, kandi
irinzwe n’itegeko ry’Imana?
21. Imana yavuze ibigwi by’abasangirangendo ahantu
hatandukanye mu gitabo cyayo Gitagatifu, Imana yaravuze
iti “Babandi bakurikira intumwa umuhanuzi utazi gusoma
no kwandika basanga yanditswe iwabo muri Tawurat ni
Ivanjili, ibategeka ibyiza ikanababuza gukora ibibi,
inabazirurira ibyiza ikanaziririza kuri bo ibibi, ikanabakuriraho ibibaremereye ndetse n’ ingoyi (by’ amategeko)
byari bibariho. N’abayemeye (intumwa Muhamad), bakayubaha, bakanayishyigikira bakanakurikira urumuri yamanuriwe, abo ni bo bakiranutsi”. Surat A’araf: 156 – 157.
Na none Imana iti “Abitabye umuhamagaro wa Allah n’
Intumwa (Muhamad), (bagakurikirana abahakanyi)
nyuma yo gutsindwa (mu ntambara ya Uhudi); hamwe
n’ububabare ndetse n’ibikomere bari ba�ite, bagakomeza
gukurikira umuyoboro w’intumwa, abazagira neza muri
bo bakanaganduka bazahembwa ibihembo bihambaye“.
“Babandi babwiwe n’abantu bati „Mu by’ ukuri abantu
(Abu Suf’yani n’agatsiko ke) bikoranyirije (kugira ngo
babarimbure bityo), nimubatinye. Ibyo bibongerera
(imbaraga), ukwemera, maze baravuga bati “Allah araduhagije ni we Uwiringirwa mwiza“. Surat Al Imuran: 172 173.
Na none Imana iti “Ni we wagushyigikije ubutabazi bwe
ndetse n’abemera. Yanahuje imitima yabo, n’iyo uza
gutanga ibiri mu isi byose, ntiwari gushobora guhuza
imitima yabo. Nyamara Allah yarayihuje. Mu by' ukuri we
7
ni Utsinda, Ushishoza”. Surat An’fal: 62-63.
Na none Imana iti “Yewe ntumwa, Imana iraguhagije,
wowe n’abagukurikiye mu bemeramana kubarinda ibibi
by’abanzi banyu“. Surat An’fal: 64.
Na none Imana iti “ Muri umuryango mwiza uboneye
washyiriweho abantu; mutegeka gukora ibyiza
mukanabuza gukora ibibi, mukanemera Allah“. Surat Al
Im’ran: 110.
Na none Imana iti “Urwo ni urugero rwabo muri Tawurat,
n’urugero rwabo muri Injil ni nk’ikimera cyasohoye
igihimba n’amashami yacyo, hanyuma amashami arakura
aba menshi maze kirakomera kiraringanira neza ku
gihimba cyacyo kiba cyiza gishimisha abahinzi. Kugira ngo
abemeramana mu bwinshi bwabo n’ubwiza bwabo bibabaze abahakanyi. Allah yasezeranyije abemeye bakanakora
ibikorwa byiza muri bo kubabarirwa ibyaha, no guhabwa
ibihembo bihambaye’’. Surat Al Fat’hu: 29.
Ese hari ushobora gukeka nyuma y’izi Ayat zose zikomeye,
ko habaho agatsiko kabarirwa ku ntoki z’ikiganza kimwe,
ese Imana Nyagasani ishobora guha ingabire zayo nyinshi
intumwa yayo (Imana iyihe amahoro n’imigisha) abasangirangendo babaye abahakanyi nyuma ye bakanahindura
idini ye bakanahishamo bimwe bakanahinduramo ibindi
nyuma ye ?!
Abashiya bose bemera ko abasangirangendo bari ba�ite
ukwemera ku gihe cy’intumwa Muhamad (Imana imuhe
amahoro n’imigisha), ariko nyuma Abashiya bakavuga ko
abasangirangendo baje kuva mu buyislamu nyuma, ni
igitangaza, ni gute abasangirangendo bose hamwe bafata
icyemezo cyo kuva mu idini nyuma y’intumwa? haba
habaye iki? Ni gute bashyigikira intumwa (Imana imuhe
amahoro n’imigisha) mu bihe bikomeye, bakanamurwanirira bakoresheje ubuzima bwabo n’imitungo yabo
ihenze, hanyuma bakaza kuva mu idini nyuma yo gupfa
kwe nta mpamvu ?! wenda muramutse muvuze ko babaye
abahakanyi kubera kwimika Abubakar (Imana imwishimire), twababwira tuti ‘’Ni kuki Abasangirangendo bose
b’intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro n’imigisha)
bemeranyijwe ku gushyigikira Abubakar (Imana
imwishimire), ese niki batinyaga kuri we ? ese Abubakar
yaba yari umunyengufu n’ubutegetsi kuri bo, maze akabahatira kumushyigikira ku ngufu ? hanyuma Abubakar
(Imana imwishimire), yakomokaga muri Baniy Tamimu
mu bwoko bw’Abakurayishi, yari mu ba Kurayishi ba�ite
8
umuryango muke cyane, mu gihe Baniy Hashimu na Baniy
Abdu Dari ndetse na Baniy Mah’zumiy aribo bari ba�ite
abantu benshi n’ijambo.
Niba rero, batarashoboye guhatira Abasangirangendo
b’intumwa (Imana imuhe amahoro n’imigisha) kumushyigikira, ni gute Abasangirangendo (Imana ibishimire) bakwihatira kujya k’urugamba, kugira ukwemera, no kurwana ku
idini no kuba aba mbere ku isi yabo no mubuzima bwa nyuma
bwabo babikorera undi utaribo, ariwe Abubakar ?!
22. Dusanga na none Alliy (Imana imwishimire) atarigeze yita
abahakanyi abamurwanyije, yewe n’abamwiyomoyeho bakamurwanya bakamubuza amahoro ndetse bakanamwita
umuhakanyi. Ni gute Abashiya batakurikiza Alliy ? aribo bita
abahakanyi abeza mu basangirangendo b’intumwa Muhamad
(Imana imuhe amahoro n’imigisha) ndetse n’abagore bayo
aribo ba nyina b’Abemera ?!
23. Na none tubona Abashiya bita abahakanyi itsinda rya
Zayidiyat , hamwe n’uko Zayidiyat aria bantu bakunda abo mu
muryango w’intumwa, ibyo bikaba bigaragaza ko inkingi
ikomeye mu bashiya ari ukwanga Abasangirangendo ndetse
n’abatubanjirije beza, ntabwo mu by’ukuri ari ugukunda abo
mu muryango w’intumwa nk’uko babivuga.
24. Abashiya bavuga ko Alliy ariwe ukwiriye ubuyobozi
bw’Abayislamu nyuma y’intumwa Muhamad (Imana imuhe
amahoro n’imigisha) kubera Hadith igira iti «Wowe kuri njye
u�ite urwego nk’urwa Haruna kuri Musa » hanyuma dusanga
Haruna atarigeze asimbura Musa (Imana imuhe amahoro) !
ahubwo uwasimbuye Musa ni Yushuu mwene Nuni !
25. Ibun Hazimi yavuze kuri Alliy (Imana imwishimire) ati
«Gutsimbarara kw’Abashiya ko Alliy yashyigikiye Abubakar
(Imana imwishimire) nyuma y’amezi atandatu, yakererewe
kumushyigikira, ingaruka zabyo ntiziva mu bintu bibiri:
A: Bishobora kuba ari ishyano gukererwa kwe, yaba yarakoze
ikosa igihe yamushyigikiraga.
B: Cyangwa na none bikaba ishyano gukererwa
k’umushyigikira, akaba yarakoze ikosa gukererwa kumushyigikira »!
26. Abashiya bavuga ko Alliy (Imana imwishimire) a�ite Kopi
ya Qor’an ipanze hakurikijwe uko yamanutse!, twavuga tuti «
Alliy yagiye k’ubuyobozi nyuma ya Othuman (Imana
imwishimire), kuki atasohoye uwo musafu wose uko wakabaye ?!
Kuko imisafu yacu yose du�ite ubu ni mubyo Alliy yakiriye
kandi ntabwo ipanze hakurikijwe uko yamanutse.
27. Ibitabo byizewe ku bashiya muri Hadith ni : (Al Wasail)
9
cyanditswe na Al Huru Al Amiliy wapfuye mu mwaka wa
1104H » ndetse n’igitabo (Al Biharu ) cyanditswe na Al
Majilisiy wapfuye mu mwaka wa 1111H n’igitabo « Mustadrakul Wasaili » cya Twab’risiy wapfuye mu mwaka 1320H, ibyo
bitabo byose ni bya vuba aha!, niba barakusanyije ziriya
Hadith mu nzira z’urukurikirane rw’abazakiriye n’uburyo
bazakiriye, ni gute umuntu umunyabwenge yakwizera ibyakiriwe ntibyandikwe ibinyejana 11 byose cyangwa ibinyejana
13 ?!
28. Abashiya mu bitabo byabo bavuga ko ukujya kwa Husein
mu bantu ba Kufat hanyuma bakamutererana bakamwica,
ibyo byabaye intandaro yo kuva mu buyislamu kwa benshi
usibye abantu batatu. Ese niba yari azi ibizaba imbere
–nk’uko babivuga- ntabwo yari kwirirwa abajyamo.
29. Abashiya bavuga kenshi Hadith ya (Ghadiri) n’ibyo intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro n’imigisha) yahavugiye ngo « Ndabibutsa gutinya Imana ku bantu banjye »
maze bakiyibagiza ko aribo ba baye aba mbere kutubahiriza
uyu murage w’Intumwa, ubwo bagiriraga ubugome abenshi
mu muryango w’intumwa !
30. Turabwira Abashiya tuti «Iyaba Abasangirangendo barahishe kuba Alliy (Imana imwishimire) ariwe wagombaga
kuba umuyobozi, bari guhisha n’ibigwi bye ntibagire na
kimwe bavuga, kandi ibyo bitandukanye n’ukuri, ibyo bikaba
bigaragaza ko iyaba hari kuba hari ikintu icyo aricyo cyose
kivuga kuri ibyo bari kuba barakivuze, kuko imvugo igaragaza
ubuyobozi, ni ikintu gikomeye, kandi ibintu bikomeye
bigomba kwamamazwa cyane, iyo uko kwamamara kuba
kwarabayeho rero byari kumenywa n’ababyemera ndetse
n’abatabyemera.
31. Umar (Imana imwishimire) yatoranyije abantu batandatu
bagomba kugishwa inama k’uwaba umuyobozi nyuma yo
gupfa kwe, hanyuma batatu baza guharira abandi batatu muri
bo, hanyuma Abdurahman mwene Awu�i nawe aza guharira
abandi hasigaramo Othuman na Alliy (Imana ibishimire),
kuki Alliy atavuze kuva mbere ko ariwe wahawe umurage
w’ubuyobozi ? ese yaba hari uwo yatinyaga nyuma yo gupfa
kwa Umari (Imana imwishimire).
UMUSOZO:
Turasaba Imana ko ibi bibazo byagirira akamaro urubyiruko
rw’Abashiya, kandi ikabigira urufunguzo rw’ibyiza kuri bo,
bibayobora ku kuri, kandi bikabatera akanyabugabo ko
gushakisha uko kuri no kugushikamaho, batitaye ku
mwikomo w’uwo ariwe wese kuri ibyo.
10

Similar documents