Business professionals Network

Transcription

Business professionals Network
kandi
8. Dusubize amaso inyuma..
turebe n’aho tugana
Ingingo nyamukuru zaranze umwaka wa mbere wa BPN Rwanda
Itsinda rya BPN Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo – Intego za BPN zirimo gushyirwa mu bikorwa n’itsinda
ry’abakozi 8 mu Rwandas bakorana umurava n’ubwitange. By’akarusho, twakiriye Andrea Winiger, umusuwisi kazi, wagize byinshi yungura itsinda ry’abakozi ba BPN mu gihe cy’amezi hafi atatu.
BPN ikorana cyane n’izindi nzego nka Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), Ikigo cy’Igihugu
gishinzwe Iterambere ( RDB) n’Urugaga rw’Abikorera (PSF), ikorana kandi n’abajyanama bigenga cyane
cyane mu ihitamo rya mbere ry’ibigo bito byifuza kwinjira muri gahunda ya BPN.
Ikinyamakuru cya BPN Rwanda 01-13
Mu burwiyemezamirimo buhamye mu Rwanda
Impinduka- Kuva dutangiye gukorera mu Rwanda mu mpera z’umwaka wa 2011, twatanze amahugurwa
ku bantu 170. Binyuze mu mahugurwa magufi n’amaremare dutanga, twahinduye ku buryo bugaragara
imitekerereze mu ibigo bito n’ibiciriritse. Mu nguzanyo zatanzwe, twashyigikiye imirimo 160 kandi twizeye
guhanga imirimo mishya 160. Iyi mibare iragenda yiyongera bigendeye ku izamurwa
ry’umubare w’abinjira muri gahunda ya BPN Rwanda.
BPN
Ibikorwa ngarukamwaka bibera mu Busuwisi mu rugaryi: Muri Gicurasi 2012 ku cyicaro gikuru cya BPN
hateguwe ibikorwa ngarukamwaka byitwa “Sanga BPN” bibera hirya no hino mu Busuwisi. Icyo gikorwa
cyari kigenewe U Rwanda. Uhagarariye u Rwanda mu Busuwisi, Madamu Solina NYIRAHABIMANA yagaragaje intambwe igihugu kimaze gutera n’ibyo giteganya kugeraho mu bihe biri imbere.
Umuyobozi Mukuru wa BPN Rwanda, Alice NKULIKIYINKA nawe n’ishema ryinshi yabwiye abari aho u
Rwanda-igihugu avukamo. Bari bafite amatsiko n’ubwuzu bwo kumenya u Rwanda. Yerekanye kandi ibyo
BPN yagezeho ndetse n’ingorane yahuye na zo mu gutangira gukorera mu Rwanda.
Business professionals Network
Uruhare rwa BPN
mu iterambere ry‘u
Rwanda
RW
Alice Nkulikiyinka, Umuyobozi mukuru wa
BPN Rwanda
Turashimira by’umwihariko ambassade y’U Rwanda mu Busuwisi hamwe na Diaspora nyarwanda
bagize uruhare mu itegurwa ry’ibi birori byitabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye.
BPN (Business Professionals Network) ni umuryango udaharanira inyungu
wo mu Busuwisi ufasha ba rwiyemezamirimo guteza imbere ibikorwa
byabo ku buryo burambye.
Ni iki tubahishiye?
BPN iri mu Rwanda ku bwawe.
Guhitamo ibigo bito n’ibiciriritse: Guhitamo ibigo byinjira muri gahunda yacu ya 2013 byaratangiye. Niba
wizera ko ushobora kuba nka ‘Dilbara’ mu byo ukora, ntuzuyaze kutwegera. BPN yibanda cyane ku bwiza
aho kwibanda ku bwinshi. Buri mwaka, duha inguzanyo y’ibikoresho ibigo bitarenze 30.
Amahugurwa (Business academy): Amahugurwa ateganyijwe - hitabira abayatumiwemo gusa
Imenyekanisha:
Imicungire y’Imali:
Imicungire y’igihe:
Gicurasi 2013
Kanama 2013
Kanama 2013
Imiyoborere y’ibikorwa bibyara inyungu:
Imicungire y’imirimo ikorerwa mu kigo:
Ukuboza 2013
Ukuboza 2013
CH
BPN iha agaciro ba rwiyemezamirimo. Ba rwiyemezamirimo ni ba bantu
b’Imena mu gihugu, usanga bakorana umutima wabo n’ubwitange
bwabo bwose ibikorwa bwite. Ni babandi usanga bakoresha igihe kinini
cyabo n’imbaraga zabo zose mu gushyira mu bikorwa inzozi zabo. Ni
ba bantu badatinya guhangana n’ingorane mu gihe hari abandi
bahitamo kubumba amaha ngo badahura na zo. Ntibagamburuzwa
n’aho rukomeye. Ba rwiyemezamirimo nyabo, ntibibanda ku kubona
amafaranga yihuse bayakomoye mu kuriganya abaguzi n’abakozi
babo. Ahubwo ni ba bantu bitangira umurimo, bakaba bafite uruhare
rukomeye muguteza ibihugu imbere. (Komeza k’urupapuro 2)
BPN Rwanda ku rubuga rwa interineti: WWW.BPN.RW
Abashoramari – Muri Kanama 2013, itsinda ry’abashoramari 15 baturutse mu Busuwisi batumiwe na BPN,
© 2013 BPN Rwanda
BPN – Kwagura amahirwe ya Rwiyemezamirimo
BPN Rwanda | Kigali, P.O. Box 7083 | Phone: +250 78 61 30 387 | E-mail: [email protected]
“Rwiyemezamirimo
BPN ishyigikira ni
uwiteguye gutera
intambwe
ikurikiraho mu
kwagura ibikorwa”
BPN ifasha ibigo by’abikorera kwinjira kuburyo burambye ku
masoko mashya, bikarushaho kwaguka kandi bikazamura inzego
zabyo z’imyungukire ari na ko bizirikana imibereho myiza y’abakozi
babyo ndetse n’iy’abaturage b’aho bikorera. Abagenerwabikorwa ba BPN ni ibigo bito n’ibiciriritse byatangiye gukora
kandi ibikorwa byabyo bigaragaza umusaruro, kuburyo usanga
byiteguye
gutera
intambwe
ikurikiraho
mu
kwaguka.
Iyo ikigo cyagutse kikava ku bakozi 2 cyangwa 3 kikagira abakozi
10 cyangwa 50, rwiyemezamirimo atangira guhura n’ibibazo/
imbogamizi atari asanzwe amenyereye. Ugasanga gukoranira mu
kirere n’abamugana cyangwa n’abakozi ntibigihagije. Cyangwa
mukeba we ukomeye ntakiri Bwana Damasenti wo hakurya
y’umuhanda, ahubwo ni rwiyemezamirimo w’umunyakenya
usigaye azana ibicuruzwa bye ku isoko ry’u Rwanda. Iyi ni imipaka
bitoroshye kurenga ndetse ibigo byinshi birahomba cyangwa
bikadindira kuri iyi ntambwe. Aha niho BPN igushyigikira.
Ku isi yose, 80% y’ibigo byinjira muri gahunda yacu bibasha
guhangana ndetse bigakemura bene ibyo bibazo bijyanye no
kwaguka. Nanone kandi 50% y’ibigo bikorana na BPN nibura abakozi babyo bikuba kabiri mu gihe kingana n’imyaka ibiri, naho 30%
byo biraguka bikaba ibigo n’inganda by’intangarugero bikoresha
abakozi barenga 80.
Mbese ibyo tubigeraho dute? Twe muri BPN tugendera ku nkingi
enye zikurikira: Inkingi 1: Abakozi bacu bazobereye batanga serivisi
y’Iherekeza ifasha Rwiyemezamirimo kwiyemeza kugera ku musaruro munini ushoboka. Inkingi 2: Mu kigo cyacu cyigisha ibijyanye
n’ishoramari (Business academy), dutanga amahugurwa
atangwa n’impuguke zo ku rwego mpuzamahanga ku ngingo
zihariye z’ingenzi mu birebana n’imicungire y’ikigo. Inkingi 3:
Dutanga Inguzanyo y’ibikoresho ntaburyamirane ifasha mu
kwagura ikigo. Inkingi 4: Dutegurira ibigo dukorana kwinjira
mw’ihuriro rya BPN rihuza ba rwiyemezamirimo aho bungurana
inama n’ubunararibonye, bakaba bahuriza hamwe imbaraga
cyangwa bakungurana ibitekerezo ku kibazo runaka bahuriyeho
kibugarije.
Kugirango byumvikane kurushaho, mureke mbagezeho inkuru
ifatika ya BPN. Muri 2001, Dilbara umutegarugori mu gihugu cya
Kirigizisitani muri Aziya yo hagati, yakoraga umurimo w’ubudozi
bw’amakanzu ya gakondo akoresha abakozi babiri. Dilbara yaje
gufata icyemezo cyo kwitabira gahunda ya BPN ndetse no guhindura umuderi w’imyenda yakoraga avanga imideri gakondo
n’igezweho. Nyuma y’imyaka 4, yari amaze kugira uruganda
ndetse n’iduka ricuruza imyenda ye anakoresha abakozi 40. Ubu
Dilbara akora ibitaramo byo kwerekana imideri ye i Moscow,
London, Paris; Yubatse izina. Kuri ubu, akoresha abakozi 100.
BPN ifite inkuru nyinshi zitandukanye zimeze nk’iyi mu mateka yayo.
Harimo nk’izerekeye ibitaro n’abaganga bateye imbere, inganda
zikora imigati, amashuri yigenga, amacapiro n’ibindi byinshi mu
bice bitandukanye by’isi. Ba rwiyemezamirimo bo mu Rwanda
nabo bitabiriye iyi gahunda none batangiye gutera intambwe
zishimishije. Isomere ubuhamya bwabo ndetse n’izindi nkuru zigaragaza inzira BPN yashyizeho mu Rwanda kubw’intsinzi y’ikigo
cyawe.
Rwanda
“Leta y’u Rwanda ishyigikiye byimazeyo iterambere
ry’urwego rw’abikorera mu Rwanda. Ibyo tubigeraho
duteza imbere uguhanga umurimo. Inkingi BPN yubakiyeho
uko ari 4 zizana impinduka igaragara mu mitekerereze ya
ba rwiyemezamirimo, zikabafasha kandi gukora imirimo yabo
kuburyo bunononsoye bakaguka kandi bagahanga imirimo
mishya. Kuri izo mpamvu, nishimiye kandi nshyigikiye iki gikorwa”
Paul Kagame
Perezida wa Repubilika y’U Rwanda
BPN – Kwagura amahirwe ya Rwiyemezamirimo
© 2013 BPN Rwanda
2
BPN Rwanda | Kigali, P.O. Box 7083 | Phone: +250 78 61 30 387 | E - mail: [email protected]
11
BPN – Kwagura amahirwe ya Rwiyemezamirimo
BPN Rwanda | Kigali, P.O. Box 7083 | Phone: +250 78 61 30 387 | E- mail: [email protected]
Hari kuwa 22 Mutarama 2013, kuri HOTELI Karisimbi ku Kacyiru
mu Mujyi wa Kigali. Mu busitani bw’iyo Hoteli, hari hahuriye
abantu mirongo itatu na batanu, ba rwiyemezamirimo
bakorana na BPN ndetse n’itsinda ry’abakozi bayo, bahujwe
no kwishimira gutangirana umwaka mushya wa 2013. Ibirori
byatangiye isaa kumi n’imwe n’igice (5:30), ubwo abashyitsi
bahageze bafatiraga hamwe ibinyobwa by’ikaze. Abari aho
ntibazuyaje gutangira kuganira no kumenyana. Bose bishimiye
uwo muyoboro ubahurije hamwe ngo barusheho kwagura
imikoranire.
Nyuma yo gusangira ifunguro riteguye neza, Umuyobozi
Mukuru wa BPN Rwanda Madamu Alice Nkulikiyinka yagejeje
ijambo ku bari batumiwe muri ibyo birori. Umuyobozi Mukuru
yashimiye ba rwiyemezamirimo bose bari bitabiriye ubutumire
kandi bamwe muri bo banaturutse kure, bakaza kwifatanya no
gusabana
n’umuryango
mugari
wa
BPN.
Yibukije abari aho ko intego ya BPN ari ugufasha ba rwiyemezamirimo gutera imbere no kwagura ibikorwa byabo ku buryo
burambye hagamijwe guhanga imirimo no kurwanya
ubukene. Yagize ati : “Nimuze duhurize hamwe imbaraga, turusheho kugira uruhare mu gutuma ubukungu bw’igihugu
cyatubyaye butera imbere ku buryo burambye. Twebwe, abakozi ba BPN nanjye tubifurije umwaka mwiza wa 2013, uzababere uw’ urwunguko, uburumbuke ndetse kugera ku ntego
mwihaye.”
Gukorana na ba rwiyemezamirimo hafi na hafi kandi mu
bwisanzure ni kimwe mu biranga BPN. Ba rwiyemezamirimo
bakomeza kugirwa inama n’abakozi ba BPN babafasha
guteza imbere ibice binyuranye bigize ibigo byabo. Iyo
mikorere yihariye ya BPN yatumye umwaka w’imari wa 2012
urangira igeze ku musaruro ushimishije bigaragaza imikoranire
yayo yizewe n’abagenerwabikorwa bayo.
Ibirori by’uwo munsi byarangiye isaa mbiri n’iminota makumyabiri (8:20) z’umugoroba. Ba rwiyemezamirimo bari bafite
akanyamuneza batewe n’uwo munsi ari na ko bagaragaza
ubushake bwo kuzongera guhurira hamwe. Nibwo bwari
uburyo bwiza kuri BNP bwo gutangira umwaka wa 2013.
BPN Rwanda – Amakuru ajyanye n’ibyagezweho:
7. THE CLOSER WE
WORK TOGETHER,
THE BETTER RESULTS
7. UKO
WEDUKORANA
ACHIEVE
HAFI NA HAFI, NIKO
TUGERANA
KU MUSARURO USHIMISHIJE
1. RWANDA CLOTHING HOME Ltd.
Ikigo gihimba imideri
2. URUHARE RWA BPN MU KUGEZA
IKORANABUHANGA RISHYA MU RWANDA
Urupapuro 4
Urupapuro 5
3. TECHTRONIX Ltd
Icyicari cya BPN I Kigali
Icapiro, Huye Rwanda
Urupapuro 6
4 .AMAHEREZO, INZOZI ZANGE ZABAYE IMPAMO!
Uruganda rw’imigati
5. “Iyo ngize ingorane, BPN intega
amatwi ikangira inama”
6. UKO KWIMENYEREZA UMWUGA KWANJYE
MURI BPN RWANDA KWAGENZE
(Andrea Wininger)
Béatrice Uwase, Uwungirije Umuyobozi mukuru wa BPN Rwanda
7. UKO DUKORANA HAFI NA HAFI, NIKO
TUGERANA KU MUSARURO USHIMISHIJE
Urupapuro 7
Urupapuro 8
Urupapuro 9
Urupapuro 10
8.Ubutumwa bushyigikira
BPNyahawe
welcomed
work
in Rwanda
by His
BPN
ikazetona
nyakubahwa
Perezida
wa
Republikathe
y’upresident
Rwanda of Rwanda
Excellency
BPN
Urupapuro 12
9. Dusubije amaso inyuma… tureba n’aho tugana
Business professionals Network
BPN Rwanda yifuriza ba rwiyemezamirimo bakorana nayo umwaka
w’amahirwe, w’urwunguko, w’uburumbuke kandi w’ibyishimo wa 2013!
Ingingo nyamukuru zaranze umwaka wa mbere
wa BPN Rwanda
Urupapuro 13
“Ba Rwiyemezamirimo b’abanyarwanda batangiye kwandika amateka yabo bwite”
10
BPN Rwanda | Kigali, P.O. Box 7083 | Phone: +250 78 61 30 387 | E- mail: [email protected]
3
BPN Rwanda | Kigali, P.O. Box 7083 | Phone: +250 78 61 30 387 | E- mail: [email protected]
Andrea Winiger, Umunyeshuli wimenyereza umwuga,
BPN Rwanda
6. UKO
KWIMENYEREZA
UMWUGA KWANJYE
MURI BPN RWANDA
KWAGENZE
RWANDA CLOTHING HOME Ltd
Rwanda, Kigali, Nyarugenge, Gitega,
Avenue de la Justice, in SKY HOTEL
P.O. Box 4104 Kigali
Phone: (+25) 0783 242 104 / 0786 134 128
E-mail: [email protected]
facebook.com/RWANDACLOTHING
www.rwandaclothing.com
Abo turibo RWANDA CLOTHING ni ikigo nyarwanda byongeye kandi mpuzamahanga gihanga imideri, gikorera i Kigali, kikaba cyerekana ubwiza
bw’abanyarwanda cyifashishije imideri y’umwimerere kandi yiganjemo
UKO DUKORANA NA BPN
Twatangiye gukorana na BPN Rwanda amabara atandukanye.
umwaka ushize kandi dukorana neza. RWANDA CLOTHING ihuza imyambarire gakondo n’igezweho igakorwa mu
Ntibyahwemye kuba byiza gukorana buryo bw’ubuhanzi kandi bugaragara neza. Kudodera abantu imyenda
nayo, baduha serivisi zinoze, ubumenyi ijyanye n’uko bateye, gukoresha ibikoresho byiza ndetse no gukoresha
n’uburambe bwo ku rwego mpuzama- amabara yihariye, bituma abantu kw’isi bifuza kugaragaza imideri yabo
hanga kandi bita ku cyo ari cyo cyose yihariye bakanibona mu mideri ya RWANDA CLOTHING.
cyafasha ikigo cyacu RWANDA CLOTHING. Abakiriya bacu ni abagabo n’abagore bifitiye icyizere, badatinya kugera
Bazi gutanga ubumenyi n’amakuru bafite hanze y’u Rwanda, badatsimbaraye ku bimenyerewe kandi bumva ko kwambara
kandi batwunguye ibitekerezo byadu- imideri y’amabara atandukanye bitajyana n’ikigero ugezemo ahubwo
fashije guteza imbere ikigo cyacu. bijyana n’imyitwarire.
Intego yacu ni ugushobora kuba intangarugero, twubaka izina ku rwego mpuMu byadufashije cyane, twavuga
by’umwihariko nk’amahugurwa kubi- zamahanga ari na ko dukomeza kwigirira icyizere no kubumbatira imyitwarire
n’imyambarire nyarwanda.
jyanye n’ibikorwa bibyara inyungu(business)
yabereye i Kigali atangwa n’Umusuwisi RWANDA CLOTHING HOME Ltd irifuza kugaragaza imyambarire nyarwanda
w’umuhanga mu by’ibikorwa bibyara ndetse n’imibereho yabo ku rwego rw’isi. Turashaka kuba kimwe mu birango
inyungu(business admnistration) byadu- by’imideri nyafurika biri ku isonga kandi bizwi cyane ku rwego mpuzamahanga
haye imbaraga bikanadutera umwete kandi tukaba mu bambere bahagarariye imideri n’imyambarire ya kinyawo kwagura ibitekerezo tukareba ibike- rwanda, n’ikirango cyacu RWANDA CLOTHING, aho twibanda cyane ku bwiza,
newe n’abantu banyuranye ku isi kugira icyizere, ubwigenge, guhanga udushya, kugira intego no gukora mu buryo
ngo isosiyete yacu tuyagure ibe iyo ku bunoze, kuzuza inshingano no kugira umutima uzirikana ibidukikije ndetse
rwego mpuzamahanga. Byongeye kandi, ibijyanye n’umwimerere no kugendera ku ndangagaciro.
BPN Rwanda ifite umurongo ngeder- Umuco uturanga kuri RWANDA CLOTHING HOME Ltd, ni ukuba isosiyete ihawaho, kandi ikaba n’umufatanyabikorwa ranira guteza imbere imideri; irangwa no kuba mpuzamahanga, kudaheza no
wizewe twabwira n’abandi kugira ngo kutibanda ku kintu kimwe gusa kandi ishingiye ku kizere. Ubuyobozi bwegerezwa abakozi n’abaguzi, kandi ni ikigo giteza imbere ubwisanzure mu bitekebakorane.
rezo no gufata iyambere mu nzego zose. Wadusura ku rubuga rwa interineti
www.rwandaclothingHOME.com.
RWANDA CLOTHING yashinzwe na Joselyne Umutoniwase wavukiye i Kigali mu mwaka w’1987. Joselyne Umutoniwase
yatangiye gukora umwuga wo guhanga imideri muri 2010, aza gushinga isosiyete y’imideri yitwa RWANDA CLOTHING HOME
Ltd muri Gashyantare 2012 atangiranye n’abakozi babiri kandi afite imashini zisanzwe ebyiri zidoda.
RWANDA CLOTHING HOME Ltdmuri 2013:
Iduka rya kabiri i Kigali, 09/2013
4
Abakozi 8
Imashini 10
Nagize amahirwe yo kwimenyereza umwuga ku cyicaro cya BPN
mu Rwanda, mu gihe cy’ibyumweru icumi
Nashoboye kwibonera ku buryo
burambuye ibyo BPN ishoboye
kugeraho. Icyo nabonye kidasanzwe ni imikoranire yihariye; aho
usanga ikorana na buri rwiyemezamirimo ku giti cye binyuze muri
serivisi y’Iherekeza ndetse no
gushyigikira rwiyemezamirimo mu
bikorwa bye. N’ubwo gahunda
ya BPN ifite umurongo ngenderwaho kandi, yita cyane ku
kunoza imikorere n’imikoranire
yayo naba rwiyemezamirimo.
Ibi bituruka ahanini ku itsinda
ry’abakozi ba BPN mu gihugu,
bahora bashyize umwanya mu
kubaka imikoranire yihariye na
buri rwiyemezamirimo. Natangajwe kandi n’uburyo bwihariye
bakoramo nk’itsinda. Bakora mu
buryo bw’intangarugero kandi
uko umunsi ucyeye, bawufata
nk’amahirwe bongeye kubona yo
gufasha ba rwiyemezamirimo bo
mu gihugu gutera imbere ndetse
no guhanga imirimo mishya .
Byambereye byiza gukorana n’iri
tsinda mu gihe cyanjye cyo
kwimenyereza umwuga. Ndashimira nanone BPN ku kumpa aya
amahirwe.
Uku
kwimenyereza
umwuga,
byatumye ntekereza ku ngingo yo
gufata inshingano ku bandi,
nkaba nifuza kubasangiza bimwe
mu bitekerezo byanjye kuri iyi
ngingo.
Mbese gufata inshingano ku bandi,
mu mico itandukanye bisobanuye
iki?
Ukwizigama mu Rwanda ntabwo ari
ikintu cyoroshye. Buri wese ufite akazi
gahoraho mbese winjiza amafaranga, agira uruhare mu kwita ku
muryango we wose. Mubyara we
ashobora kuba akeneye amafaranga y’ishuri, nyinawabo ukeneye
kujya kwivuza cyangwa mwishywa
we ukeneye inkweto nshya; ibi byose
aba ariwe bireba. Umwe mu bagize
umuryango winjiza amafaranga,
ayakoresha mubyo abagize umuryango
bakeneye
hanyuma
adashoboye kwizigamira. agashira
Ibyo njye nasanze bihabanye cyane
n’ibikorwa mu muco wo mu bihugu
by’i Burayi aho nakuriye, aho umuntu
aba yirebaho ubwe. Ibyo nagezeho
biguma ari ibyanjye njyenyine.
Ntabwo nteganya kugira umuntu wo
mu muryango wanjye tubifatanya
cyangwa mbifashisha. Mu Busuwisi,
Leta niyo ishinzwe kwita ku mibereho
rusange.
Ni iki dushobora kwigira bamwe
ku bandi?
Numva hari byinshi impande zombi
zakwigiranaho. Abanyarwanda
benshi
bashoboye
kugabanya
kwishingira ibikenewe n’umuryango
mugari wabo, bagira icyo bizigamira
kubyo binjiza.
Iki ni ikintu cy’ingenzi cyane iyo ukeneye gushora imali mu bikorwa byawe
no kwagura. Nsanga kuzigama no
gushora imali bibaye bimwe mu bigize
umuco nyarwanda, Abanyarwanda
bashobora kuzamura by’igihe kirambye ubukungu bw’igihugu cyabo.
Ntekereza ko ari na yo mpamvu BPN
isaba ba rwiyemezamirimo bakorana
nayo kugira igishoro bwite nabo
bashora kugirango bemererwe inguzanyo.
Imwe mu nyigisho zitangwa mu mahugurwa BPN itanga, ni akamaro ko
kuzigama n’ako gushora imali mu
bikorwa bibyara inyungu ndetse n’aho
iterambere ry’ikigo cyawe rihurira
n’amikoro yawe bwite. Ese ntibyaba
byiza umuntu abashije guha umuvandimwe we akazi bityo akaba ariwe
ubwe ubasha gutangira umwana we
amafaranga y’ishuli?
Kurundi ruhande, ibihugu byacu nabyo
hari icyo byakungukira ku muco wo
kugira uruhare mu mibereho myiza
rusange haba imbere mu muryango
cyangwa hanze yawo. Nk’urugero
wahitamo gufasha umuturanyi wawe
urwana no kurera abana wenyine mu
bukene aho kubika amafaranga
ushaka kuzaguramo imodoka nshya
kandi irusha ubwiza iyo usanganywe.
Mu yandi magambo, dushobora kugabanya umuco wo kwiharira, ahubwo
tukagira uruhare mu mibereho myiza
y’aho dutuye aho kubiharira Leta.
Andrea Winiger,
Ibumoso
umunyeshuli wiga
ibijyanye
n’umubano
mpuzamahanga i
Geneve, mu Busuwisi
Imurika ry’imidere i Berlin, Mu Budage, 05/2013
Itangizwa ryo kugurisha i Zürich, Mu Busuwisi, 6/2013
BPN Rwanda | Kigali, P.O. Box 7083 | Phone: +250 78 61 30 387 | E- mail: [email protected]
9
BPN Rwanda | Kigali, P.O. Box 7083 | Phone: +250 78 61 30 387 | E- mail: [email protected]
2. URUHARE RWA BPN MU KUGEZA IKORANABUHANGA RISHYA MU RWANDA
5. “Aho ngize ingorane,
BPN intega amatwi
ikangira inama
IMPINDUKA N’INYUNGU NAGIZE NDIKUMWE NA BPN
Nitwa KABAHARIRA NYABWIZA Jacqueline. Ikigo cyanjye kitwa Independent
Stylist Company Ltd. Ntangira icyi kigo
muri 2007, nari mfite imashini imwe idoda
n’umukozi umwe. Cyari igihe cy’akazi
kenshi kuko nashakaga abaguzi b’ibyo
twakoraga ari nako ndoda ibitambaro
by’ameza nkoreshesheje intoki. Ubwo
bucuruzi bwagiye bukura buhoro
buhoro, ubu mfite imashini zirindwi
n’abakozi bane bahoraho kandi nk’uko
bigaragara ku mafoto dukora ibicuru
zwa byinshi bitandukanye.
Muri 2012 nibwo namenye BPN Rwanda.
Nasobanuriwe ko igamije gufasha ba
rwiyemezamirimo binyuze mu kubahugura, kubaha inguzanyo ndetse no
kubaherekeza mu mikorere yabo. Ni
muri urwo rwego nahawe ihugurwa rya
mbere
rijyanye
no
gukora
itegenyabikorwa
(umushinga).
Ndi
umwe mu bateguye iteganyabikorwa
nemererwa kwinjira muri gahunda yabo
mpabwa inguzanyo. Ntibyarangiriye
aho, kuko badushishikariza gushyira mu
bikorwa ibyo tuba twahuguwemo.
Mu nguzanyo ya BPN, naguzemo imashini nshya kandi zigezweho,
navuga nka “Computerised Embroidery machine” yandika ku
myenda, ikora logos na designs zitandukanye, n’andi mamashini ,
yose afite agaciro ka 4200$. Kuva ubwo ubucuruzi bwanjye bwateye imbere cyane. Ubu mfite abaguzi benshi, harimo nab’ abanyamahanga, ndetse bidufasha no gukora ibicuruzwa bijyanye n’
igihe. Ubu ikigo cyacu kizwiho kurimbisha abantu n’aho batuye,
hakiyongeraho ibigo, cyane cyane: amashuri, amavuriro ndetse n’
amahoteri. Mu bicuruzwa byacu harimo: uniforms no kuzishyiraho
logos, kudoda amarido atandukanye, ibitambaro by’ameza
bigezweho, ama sous plat, couvres lit, ibikapu, peignoir, imirimbo
itandukanye. Mu mikoranire na BPN, twakomeje guhabwa amahugurwa atandukanye harimo: -Imiyoborere y’ikigo, Icungamali,
gucunga igihe, duhabwa ndetse n’ubujyanama butandukanye.
Ibyo ku giti cyanjye bikaba byaramfashije gushyira abakozi ku
murongo, kubika amakuru yose ajyanye n’amafaranga yinjira
n’asohoka, gutandukanya amafaranga yanjye bwite n’ay’ikigo
ndetse no kuzigama. Byanamfashije kumenya amategeko ya Leta
n’ agenga imisoro, ikindi kandi ayo mahugurwa yanyongereye
kwigirira icyizere nka rwiyemezamirimo w’umutegarugori, yamfasha kandi gukomera mu gihe hari ibihe bikomeye ikigo cyange
kinyuzemo. yamfashije guhindura imikorere mu kigo cyanjye, no
kucyagura.
“Aho ngize ingorane , BPN intega amatwi ikanangira inama. Ndangije
nyishimira; yampaye inguzanyo, bituma mbasha gukora ibicuruzwa
bikoranywe ikoranabuhanga, abaguzi bariyongera, ubu nkaba mfite
ubushobozi bwo kwishyura inguzanyo nahawe neza.”
INDEPENDENT STYLIST COMPANY LTD
8
BP 3614 KIGALI
E - mail: [email protected]
BPN Rwanda | Kigali, P.O. Box 7083 | Phone: +250 78 61 30 387 | E- mail: [email protected]
Aha hejuru: Ibumoso: Imashini yumisha imbaho,
Iburyo: Inzobere iturutse mu Burayi, igira Ernest
inama ku bijyanye no gushyira iyo mashini mu
mwanya wayo, uko ikoreshwa n’uburyo yitabwaho
Ba rwiyemezamirimo batoranyijwe muri gahunda ya
BPN bashobora kubona inguzanyo yo gukora ibikorwa
by’ishoramari hagendewe ku rwego ibigo byabo
bigezeho kandi bakayihabwa ku nyungu iri mu rugero.
Iyo nguzanyo ikoreshwa mu kugura ibikoresho
n’amamashini bikenewe. Ernest Emery SISSI ni nyir’ikigo
cyitwa ECOBE gikora ibikoresho bikozwe mu mbaho no
mu byuma (intebe, ameza yo mu biro, ibitanda,
ibikoresho byo mu busitani, ameza yo kuriraho,
n’ibindi). ECOBE iherereye mu Gatsata ku muhanda
ugana Nyacyonga.
Muri 2011 ni ho Ernest yitabiriye gahunda ya BPN.
Kimwe n’ibindi bigo bikora ibikoresho biva mu mbaho,
yari afite ikibazo cyo kumisha imbaho agomba
gukoresha kugira ngo y’ubahirize igihe yahanye
n’abakiriya be. Muri icyo gihe, kugira ngo imbaho
zume byagenderaga kuburyo ikirere kifashe. Ernest
yashatse gukemura iki kibazo bituma atekereza uko
yagura imashini yumisha imbaho. Iyo mashini ikaba
yamufasha kugenzura nta kwibeshya ububobere
bw’imbaho mu gihe cyo kumisha, ikaba kandi
itamuha gusa uburyo bwihuse bwo kumisha imbaho
ahubwo bikanagabanya uburyo imbaho zangirika.
Ernest yateganyaga kugura iyo mashini i Burayi.
Nka kimwe mu bikorwa na BPN mu iherekeza, BPN
yamuhuje n’inzobere mu by’ububaji yo mu gihugu
cy’Ububiligi. Nyuma aza kugira amahirwe yo gusurwa
nayo imugira inama ku byerekeye uburyo bunyuranye
bwo gushyira iyo mashini mu mwanya wayo, kuyikore
sha no kuyitaho nta kiguzi asabwe.
5
Nibwo Ernest yagannye BPN asaba inguzanyo agura
iyo mashini. Yarabikurikiranye nuko abona imashini
yakoze, yo ku rwego rwo hejuru abifashijwemo na ya
nzobere.
Ubu iyo mashini irakora kuva mu Ugushyingo 2012.
Ernest agenda amenya uko akoresha iri koranabuhanga rishya, risaba kumenya kuregera neza iyo
mashini, kuyigenzura no kwirinda ko mu cyumba
cyumishirizwamo hagera umwuka wo hanze.
Akurikije uko abizi, Ernest ni we wenyine ufite imashini
yumisha imbaho mu Rwanda. Ibi rero arabyishimira
kuko ubu ashobora no gufasha abandi ba
rwiyemezamirimo bifuza kumisha imbaho zabo, bityo
akagira uruhare mu gutuma bakora imirimo yabo
neza. Kubw’iri koranabuhanga rishya, Ernest yashyize
imbaraga mu gushaka amasoko manini y’ibigo bya
leta, UNICEF (ishami ry’umuryango w’abibumbye
ryita ku bana), amashuri, za kaminuza, n’abandi.
Nkurunziza Vivens, Ushinzwe inguzanyo muri BPN
Mugane ECOBE:
Kigali
Akarere ka Gasabo
P.O-Box 943 Kigali
Tél: 0788517078
E-mail: [email protected]
BPN Rwanda | Kigali, P.O. Box 7083 | Phone: +250 78 61 30 387 | E- mail: [email protected]
3. TECHTRONIX Ltd
4. AMAHEREZO,
INZOZI ZANJYE
ZABAYE IMPAMO!!!
Tel: (+250) 788752760
P.O Box: 24 Butare
E-mail: [email protected]
Website: www.techtronixltd.com
Umurenge wa Ngoma
Akarere ka Huye
Intara y’Amajyepfo
TECHTRONIX Ltd ni rimwe mu macapiro akomeye mu
Rwanda, yibanda cyane mu gukora impapuro zikoreshwa
mu kwamamaza, ibitabo, ibinyamakuru, za catalogue,
udutabo dutandukanye, inyandiko zishyirwa ku bicuruzwa
n’ibindi bicapwa bijyanye n’ibi. TECHTRONIX Ltd yatangiye
kugeza serivisi zayo ku baturage guhera muri 2009 kandi
yegukanye amashimwe aturuka mu bakiliya bayo mu
gihugu hose kubera ubwiza bw’ibyo ikora. Aho ikigo cyacu
giherereye mu mujyi wa Butare, mu ntara y’Amajyepfo y’u
Rwanda hadufasha gutanga serivisi zacu neza kuko imirimo
y’icapiro ihakenewe ari myinshi, bitewe n’ubwinshi bw’ibigo
by’amashuli bihakorera.
Intego yacu ni uguha abatugana serivisi inoze kuburyo
buhamye kandi tukibanda ku gukorera ku gihe. Tugamije
kandi guha abatugana ibyo bakeneye byanashoboka
tukarenzaho mu rwego rwo gutuma ibikorwa byacu
bikomera bityo nabo bakagera kubyo biyemeje.
Twubaka umubano urambye n’abatugana binyuze muri
serivisi tubaha zishingiye k’Ukuri, Ubunyangamugayo,
Umurimo unoze no kugendera ku mahame agenga
ibikorwa bibyara inyungu.
Ibirenzeho, gukora mu buryo bunononsoye ndetse no kugirira akamaro
agace ikigo cyacu gikoreramo byateye imbere. Turashimira BPN ku
bumenyi bwihariye yaduhaye.
Binyuze mu mikoranire na BPN, TECHTRONIX Ltd yungukiyemo amahirwe
menshi, twavuga nka:
1.
Iherekezwa
no
guhabwa
amahugurwa: byafashije ikigo kugira
icyerekezo cy’ahazaza h’ibikorwa
byacyo.
2.
Inguzanyo nta buryamirane:
yafashije gushora imali mu kugura
imashini (HEIDELBERG GTO 52) ibi
bikaba
byaragize
uruhare
mu
kwaguka kw’ikigo.
3. Kungurana inama n’ubunararibonye
n’abandi
ba
rwiyemezamirimo
b’abanyarwanda
duhurira
mu
mahugurwa ya BPN Rwanda.
IMPRIMERIE
Longin (nyir’ikigo TECHTRONIX Ltd) yasuwe n’umuyobozi mukuru wa BPN
uvuye mu Busuwisi, amugira inama ku bijyanye no kunoza by’umwihariko
imikorere y’ikigo cye
6
BPN Rwanda | Kigali, P.O. Box 7083 | Phone: +250 78 61 30 387 | E- mail: [email protected]
Nabyirutse nkunda umugati, numvaga murinjye nifuza kumenya
uko bawukora ngo njye nywurya
nawikoreye. Muri 1986, ndangije
amashuri abanza, nahise nkodesha inzu hafi y’ishuri nari ndangijeho
mu
Burengerazuba
bw’igihugu cyacu.
Muri iyo nzu, nubatsemo ifuru
nkoresheje ingunguru, ntangira
gukora umugati. Icyo gihe nakoze
kugera muri 1989. Bukeye abajura
baranteye banyiba ibintu byose
mpita nsubira murugo ngurisha
umurima nari mfite njya kwiyandikisha mu ishuri ryigisha gutwara
imodoka. Amafaranga nasigaranye nakodeshejemo inzu ku
yindi centre ngura ikarayi ntangira
gukora
amandazi,
nkateka
n’icyayi nkabicuruza. Ibi byamfashije buhoro buhoro kongera
kugura ibikoresho byo gukora
umugati. hanyuma Genocide
yakorewe
abatutsi
yarabaye
bituma Ibyo bikoresho nabyo
mbibura. Muri 1995, naje gutura i
Kigali
ntangira
umwuga
w’ubushoferi ariko aho nanyuraga
hose hari umugati, numvaga
nshaka kwitegereza uko ukoze,
ibyo nshima, n’ibyo nenga mo.
Nabaye umushoferi imyaka 15
ariko
amafaranga
mbonye
nkagenda nguramo ibikoresho
nkeneye ngo nongere nkore umugati. Muri 2010 nibwo nasezeye
kuba umushoferi ntangira gukora
umugati ariko ntangirira ku rwego
ruri hasi cyane. Nakoraga 50 kg
z’ifarini nkagurisha mu gace ntuyemo gusa.
7
Muri 2011 nabonye umuntu wari ufite
imashini ivanga (mixer) tugirana amasezerano ndayikodesha nyuma aza
kuyisubirana birangora cyane kuko
nasaga nk’aho ntangiye bundi
bushya.
Nibwo Nahuye na BPN Rwanda!
Naje
guhura
n’umugabo
ufite
uruganda rukora imigati mu majyaruguru y’igihugu cyacu, andangira
umuntu ukodesha imashini ivanga
ifarini,
andangira
nanone
BPN
Rwanda. Yambwiye icyo BPN ikora
ampa na nimero za telefoni zabo,
mpita mbahamagara. BPN yabanje
kumpa amahugurwa y’igihe gito
y’ukuntu umuntu ashobora gushyira
ibikorwa bye ku murongo no kugira
icyizere cy’indoto ze. Muri make BPN
niyo yamenyesheje ko indoto zanjye
zishobora kuvamo ubuzima bufatika
kandi burambye. Ndangije ayo
mahugurwa, BPN yampaye inguzanyo ngura ya mashini nari nkeneye.
Ubwo kuko ntari ngikodesha, nashize
ubwoba n’impungenge niyemeza
gukora cyane. BPN ntiyandekeye
aho, yongeye kumpa andi mahugurwa ku miyoborere y’ibikorwa
bibyara inyungu. Ayo mahugurwa
nayo yampaye imbaraga zikomeye
zo guhangana n’ibibazo biboneka
mu kigo kigitangira kandi giharanira
gukura dore ko ibyo bibazo aba ari
na byinshi!
Kuva aho nahuriye na BPN, mu
kwezi kwa 12/2012, kugeza ubu
nandika iyi nkuru mu kwezi kwa
04/2013, navuye ku gukora 125kg
z’ifarini ku munsi ngera kuri 500kg.
Twakoraga turi abakozi 5 ubu turi
19, kandi nezezwa n’uko mbasha
gukora ubwoko 5 bw’imigati.
“Ibikorwa byanjye bihagaze
neza, biraguka kandi ngerageza kubigenzura buri
munsi nifashishije ikayi
y’igenzuramikorere BPN
yaduhaye mu mahugurwa.”
MAGRER BREAD NICE
BAKERY
Mwadusanga:
Nyarugenge-Gitega
Tel.: +250 788496958
BPN Rwanda | Kigali, P.O. Box 7083 | Phone: +250 78 61 30 387 | E- mail: [email protected]

Similar documents

AUCA irateza imbere ireme ry`Ubumenyi n`Ubumuntu

AUCA irateza imbere ireme ry`Ubumenyi n`Ubumuntu N’ubwo ariko hariho ingamba zikarishye mu mitsindire y’abanyeshuri, habaho no kubafasha kugira ngo batsinde kuko AUCA ntiba igambiriye kwirukana, ahubwo ni ukugira ngo hasohoke abanyeshuri bafite u...

More information

Basic Beekeeping Manual

Basic Beekeeping Manual Marris, UK National Bee Unit (Fera) www.nationalbeeunit.com

More information

Igitabo Cya 1 - Cy`ubuvumvu Bw`ibanze

Igitabo Cya 1 - Cy`ubuvumvu Bw`ibanze Marris, UK National Bee Unit (Fera) www.nationalbeeunit.com

More information