NOHELI Y`ABANA YO KU ITARIKI 28/12/2015 Ku wa mbere tariki 28

Transcription

NOHELI Y`ABANA YO KU ITARIKI 28/12/2015 Ku wa mbere tariki 28
NOHELI Y’ABANA YO KU ITARIKI 28/12/2015
Ku wa mbere tariki 28/12/2015, nk’uko bisanzwe Kiliziya yahimbaje umunsi wo
kuzirikana ku bana b’i Betlehemu bishwe n’umwami Herodi ashakamo Yezu yari
yabwiwe ko yavutse kandi ko ari Umwami. Hirya no hino muri Diyosezi ya
Nyundo uwo munsi warizihijwe ndetse hamwe na hamwe bakorera abana umunsi
mukuru wa Noheli. Twavuga nko muri Paruwasi ya Rambura aho abana bakoze
urugendo Nyobokamana i Kibeho barangajwe imbere na Padiri Paulin
MUSHIMIYIMANA. Bagize umwanya wo gusengera mu Ngoro ya Bikira Mariya
ndetse bifatanije n’abasaseridoti bari baje bayoboye abana baturutse hirya no hino
mu Rwanda baturira Igitambo cya Misa muri iyo Ngoro ya Bikira Mariya.
Nk’uko mubibona, abana bari baturutse muri paruwasi ya Rambura bafashe
n’umwanya wo kujya n’i Nyarushishi ahari ishushusho ya Yezu Nyirimpuhwe.
Hamwe na hamwe uyu munsi wizihirijwe kuri za paruwasi twavuga nk’abana ba
Paruwasi Stella Maris ya Gisenyi bawizihirije kuri paruwasi. Uwo munsi ukaba
waratangijwe n’Igitambo cya Misa cyatuwe na Padiri Jean de Dieu BARIGORA,
ushinzwe amatsinda y’abana, Misa ikaba yaratangiye ahagana mu ma saa yine.
Nyuma y’Igitambo cya Misa habayeho amarushanwa mu dukino dutandukanye.
Aba bana basaga 650 baturutse mu masantarali yose agize Paruwasi stella Maris
Gisenyi bahuriye hamwe ngo bahimbaze Noheli.
Nyuma hakurikiyeho kwiyakira mu cyumba mberabyombi cya paruwasi habaho
gusangira n’abana bo mu muhanda. Nyuma hakurikiyeho kwidagadura karahava.
Ibirori byashoje mu ma saa cyenda. Abana batashye iwabo bishimye kandi bifuza
ko ibirori nk’ibi byahoraho igihe nk’iki cya Noheli.

Similar documents